jeudi, juillet 07, 2011

ABAREBA IMIPIRA MURITONDE


                             stade ya FC Twente

Umuntu umwe yapfuye 14 barakomereka ubwo igsenge cya stade y'ikipe ya FC Twente cyagwaga. Nkuko bitangazwa n'ubuyobozi bw'umugi wa  Enschede,  mu buholandi.
 Abantu 10 muri bo bahise bajyanwa ku bitaro , babiri bo bakomeretse cyane  nkuko byatangajwe na Peter den Oudsten umuyobozi w'umugi mu kiganiro n'abanyamakuru.kugeza ubu icyateye iyi mpanuka kikaba kitarajya ahagaragara ndetse n'abashakisha bakaba bakomeje kureba ko ntabakiri munsi y'iki gisenge.

Uretse imiyaga ,impanuka ku bakinnyi gusenyuka kwa stade ntibyari bisanzwe mu biza(catastrophe) ku bakunzi n'abakinnyi b' imikino.

YIVUNIYE UMUHUNGU YABYAYE (tackle) AMUTURURUTSE INYUMA

Ubwo yakinaga umukino w'isabukuru y'umwaka amanitse gants ,uwahoze ari umuzamu wa Argentine Roberto Abbondanzieri  na  Boca Juniorswari mu ikipe y'igihugu mu gikombe cy'isi mu 2006 yaraye yivuniye umwana we.

Pato(imbata) nk'uko yitwaga  Abbondanzieri  yanze agasuzuguro k'igitego yatsindwa n'umuhungu we Felipe maze ahitamo kumusrereka aturutse inyuma. Gusa kubw'amahirwe ntiyakomeretse cyane.

DORE AHO BABANJE GUKINIRA RUHAGO I BURAYI

Abantu bareba imipira y’iburayi usanga bishimira ibibuga byiza byaho, nka nou camp,old traffold,santiago bernabeu, alianz arena,san ciro n’ibindi nyamara burya amwe muri aya makipe yagiye yitabaza ibibuga wagereranya n’intabire  mu ntangiriro.

                                               north road

Mu bwongereza, nyuma y’uko yari ivutse Newton Heath yaje kuba Manchester united yakiniraga ku kabuga gato kitwaga North Road aho amakipe yabasuraga yinubiraga imiterere yacyo. Kugera ku rwambariro  byasabaga abakinnyi nibura iminota 10 ku maguru rwari Oldham Road. Baje kwimukira i BANK STREET aha ho ikibuga cyari ibyatsi bavugaga ko ari umukenke,ivumbi ndetse ikibuga cyabaga cyuzuyemo umwotsi wavaga ku ruganda rwari hafi aho.ikipe  ya Walsall Swifts yashatse kwanga kuhakinira,gusa iyi yaje gukina maze inyagirwa 14-0. Ubu man u ikinira ku kibuga old traffold cyakiraga nibura abantu 76 212.
Ubusanzwe cyari ikibuga cya everton mbere yo kuhirukanwa mu 1982 kuko batumvikanye na nyiraho John Houlding waje guhita ashinga ikipe ya liverpool. Hashoboraga guhagarara abantu 20 000 ariko umukino wa mbere warebwe n’abantu 100 .mu 1983-94 liverpool nyigize ihatsindirwa.kuya 8 nzeli 2006 umujyi wa liverpool wabahaye ikibuga mu gihe cy’imyaka 999 imirimo yo kubaka yagomba kuzarangira mu 2012 ikakira abantu 55000 gusa amikoro akaba atarabakundiye. Anfield ubu yakira abafana 45 362.
Ku ikipe ya manchester city hagati y’1880 n’1887 yakiniye ku bibuga 5 bitandukanye. Mbere yo kujya i Hyde Road mu 1920 inkongi y’umuroro ikaba yari yatwitse tribune. Nibura abantu 47 726 binjira I city of Manchester.

Mu butariani ho milan ac mu 1900 n’1903 yakiniraga ku kibuga cyitwaga Trotter mu cyanya cyitiriwe Andrea Doria nta tribune nta n’urwambariro. Abakinnyi bazaga bambaye cg bakambarira mu kibuga. Ku bafana kwinjira byari ubuntu kubw’umusozi ukikije iki kibuga abafana niho bahagararaga maze bagakurikira uyu mupira. Mu 1914-20 aha cyari ikibuga cyo gukiniramo n’indege. Ubu bakinira ku kibuga san ciro cyakira abafana 80.018 basangiye na mukeba inter milan.

                               stade andrea doria n'amazu yari ayikikije


Muri Hispania,nyuma yo kurambirwa no guhindura ibibuga  Real madrid  yerekeje i Campo de O'Donnell mu 1912 aho yamaze imyaka 11.  Yaje kwimukira i Campo de Ciudad Linea hashoboraga kujya abantu 8 000. Kuya 9 gicurasi 2006  bimukira ku kibuga cyitiriwe Alfredo di Stéfano. Ubu santiago bernabeu ytashywe mu 1955 yakira abafana 80 354.
                                  stade Huye iri kuvugururwa


Uretse kuba gukinira mu ntabire, mu mukenke n’imigina bitirira mbehe bifasha ba nyiraho gusa, gukinira ku kibuga kibereye ,ibikoresho no kwitabwaho kw’abakinnyi ni bimwe mu bishobora kuzamura urwego rw’imikinire bityo nyuma ya stade y’igihugu amahoro, gusanwa kwa stade ya kigali i nyamirambo , kuvugurura umuganda na Nyanza no guhindura imbehe ya Mukura stade Huye ni kimwe mu byari bikenewe muri ruhago nyarwanda.

mercredi, juillet 06, 2011

BURYA MARADONA YASINYE UMUNSI UMWE MURI TOTTENHAM

Mu 1986, Tottenham yashatse kwibuka Osvaldo Ardiles  ikirangirire muri ruhago ya Argentina ndetse na Tottenham i White Hart Lane. Bityo Tottenham yari yasezerewe mu gikombe cy'ubayi nk'andi makipe y'ubwongereza kubw'ibyago by' i Heysel (drame du Heysel) maze bategura umukino tariki ya 1 gicurasi 1986  na Inter de Milan.


Mu gushimisha Ardiles, aba Spurs  bishyuye Diego Maradona  uyu ava muri  Naplesngo akine uyu mukino ntiyatinze kwakirwa n'abafana benshi b'abongereza ku bw'utuntu yagendaga akora.

Nyuma y'amezi 2 maze uyu atsinda ubwongereza mu gikombe cy'isi ibi byiswe ukuboko kw'Imana maze ba bafana bose bagahindukira ku ijambo bari bavugiye i white hart lane.

NYUMA YO KURYAMANA NA BENZEMA,RIBERY ZAHIA YABONYE UMUGABO

Igihuha cy'umunsi cyatangajwe n'ikinyamakuru PUBLIC cyemezaga ko uyu mukobwa ZAHIA  waryamanye na bamwe mu bakinnyi b'ikipe y'umupira w'amaguru y'ubufransa nka Benzema ,Ribery ko yarongowe n'umugwizatunga w'umunyamerika.




                                                                          Zahia 

Mu ndege ye wenyine , mu myenda ihenze, mu bitaramo bikomeye(VIP) ngo ubu uyu mukobwa atuye
ahitwa i Central Park. Gusa aya makuru ntiyagaragaje neza uwo muherwe uwo ariwe. Zahia yakunze kugaruka mu bitangazamukuru nk'umukobwa w'umunyamitwe(escrot)  no kuryamana na bamwe mu bakinnyi b'ubufransa ,les bleus.