mercredi, juillet 13, 2011

                                                      Inler n'umutwe w'intare imbere y'abanyamakuru
Uretse kuba isoko rya ruhago riri kugaragaza amananiza, Gökhan Inler yamaze kugera mu ikipe ya Naples aho yateye ubwoba abafana n'abanyamakuru b'o mu butariani.
Ku ma euro milioni 17  uwahoze akinira 'Udinese yinjiye mu nzu y'inama yambaye umutwe w'intare n'umwambaro mushya w'ikipe na numero 88.
Nyuma y'amasegonda make benshi imitima yahagaze Inler yakuyemo wa mutwe w'intare,abaye umukinnyi wa mbere w'umusuwisi uhenzemu mateka mu gihe christiano Ronaldo yaguzwe akayabo ka milioni 75 z'amapound.
Ikipe ya Naples izakina  Ligue des Champions mu kwezi kwa nzeli.

BAFITE UBURYO BUSHYA BWO GUKURURA ABAFANA MU BURUSIYA

                                              iyi niyo myambaro izakurura abafana ku bibuga

Nubwo igikombe cy'isi kibera mu budage cyagaragaje udushya no kwerekana uko ruhago icongwa maze bigakurura abafana akangari.. ikipe yo mu burusia y'abagore , FC Rossiyanka  yatwaye inshuro 3 shampiona ubu ibaswe n'ibibazo by'ubukungu none abayobozi babonye umuti wo gukurura abafana ku kibuga.

Ni muri uwo rwego imikino itaha aba bakobwa bazajya bakina bambaye imyenda yabo y'imbere(bikini).Sergueï Zhuravlev,prezida w'ikipe ati "ndahamya ko ari beza kandi ko bizakurura abafana",  gusa akomeza avuga ko ruhago yabo y'abagore ititaweho nk'ibindi bihugu by'i burayi.

 Zhuravlev yemeza ko umubare w'abagabo ku kibuga uziyongera ndetse ngo n'iyi myenda izabafasha kutababangamira maze biterere ruhago.Wakwibaza niba iki cyemezo gikwiye mu bihugu nk'u Rwanda kuko abafana ku mikino y'abagore nabo ari mbarwa.Igikombe cy'isi kibera mu budage benshi bemeza ko kizahindura imitekerereze kuri ruhago- ngore.

lundi, juillet 11, 2011

UMUHIGO MARADONA ATESHEJE MU 2010 HARI ABAGIYE KUWUZUZA

                                 Amabere ye azayashyira ahagaragara Paraguay itwaye igikombe


Nyuma y'uko Brazil inganyije 2-2 na Paraguay ku munota wa nyuma ku gitego cyatsinzwe na Fred aho bari gukina copa america mu itsinda rya 2 abafana ba Paraguay bashobora kuzishima bitandukanye batwaye gikombe.
Buri muntu agira uko yishima hari abaseka ,abarira n'abatuza gusa uyu mufana n'umunyagihugu cya Paraguay
Larissa Riquelme  akaba yarahize kuziyambika ubusa.ubu nonehohiyongereyeho undi mwari uzahita ashyira ahagaraga ubwambure bwe.Ntaramenyekana neza uwariwe gusa icyo yatangaje ni ni ugutera imbaraga igihugu ashyize we ahagaragara igituza cye(amabere) kuko  ahakunda nkuko akunda igihugu cye.

Mu 2010 Larissa Riquelme niwe muntu werekana imyenda winjije amafranga menshi Paraguay. Yamenyekanye ku ruhando rw'abafana mpuzamahanga na telefoni mu mabere yambaye ibendere, ubwo ikipe y'igihugu yatsindaga Slovakia. Uyu mukobwa asezeranije uyu muhigo nyuma ya Maradona mu 2010 watozaga Argentina wagombaga kuzenguruka umurwa mukuru Buenos Aires yambaye ukuri iyo batwara igikombe cy'isi

Aba bakobwa bo muri Paraguay bazwiho kugira fair play  dore nk'aha bari bakinnye na Brazil
                       Bafasha abo bahanganye kudafana bagira fair play ku kubuga

vendredi, juillet 08, 2011

AMAKIPE 10 YAGACISHIJEHO UBU AKABA YARIBAGIRANYE



Wimbledon fc
Aya ni amwe mu makipe yagacishijeho,atwara ibikombe ku mugabane w'iburayi,cyangwa adaca uduhigo, maze aza kugwa aribagirana. Ni amateka ababaje ku bakunzi b'imikino y'iminsi ishize(karatunyuze).
1. Perugia (Italie)Mu mpera ziimyaka y'1970, ni ikipe y'amashagaga muri serie A kuko yarangirije ku mwanya wa 2 mu 1978-79 nyuma ya Milan AC. Iyi kipe yakinnye imikino 30 itaratsindwa gusa yaje gusubira inyuma maze igaruka mu 1990 n'abakinnyi nka Rapaic na Nakata. Yatwaye scudetto kuya 14 gicurasi 2000. Yaje kumanuka mu mwaka wa 2003-04. kuya 9 nyakanga 2010, Perugia yamanuyse mu cyiciro cya 5 aho icyizere cyo kuzamuka kitari hasi y'indi myaka 6.
2. Pro Vercelli (Italie)Kuya 1 gicurasi 1913,ku mukino wahuzaga ubutariyani n'ububirigi nibura 9 mu bakinnyi 11 bari abo muri Pro Vercelli. Nubwo serie A yari itaraba umwuga , mu 1929, Pro Vercelli yari mu makipe yatwaye Scudetto inshuro 7 ubwa nyuma hari mu 1922. Mu myaka ya 30 iyi kipe yakinwemo na Silvio Piola, rutahizamu w'ibihe byose muri Serie A , mu ntangiriro z'intambara ya 2 y'isi yabuze bamwe mu bakinnyi bakomeye maze yerekeza muriSerie B. Ntiyongeye gushobora kuzamuka maze mu myaka ya 80 ijya mu cyiciro cya 3,C2. Kuya 16 nyakanaga 2010, iyi kipe yirukanywe mu marushanwa yose. Indi kipe yo mu mugi umwe Pro Belvedere ishaka kuyifasha maze nayo kuya 4 kanama 2010 iza gusenyuka.
3. FC Antibes-Juan les Pins (France)L’Olympique d’Antibes yashinzwe mu 1912. Mu myaka y'1920, iyi kipe yo mu majyepfo y'ubufransa yari igeze mu cyiciro cya 2 D1 maze ihindura izina yitwa FC Antibes. Mu 1933 yari muri 1/4 cy'igikombe cy'ubufransa, muri shampiona yo mu 1933-34 yari ku mwanya wa 7 gusa yaje kugura umukino wa shampiona wa Lille ikipe yagiye mu cyiciro cya 2, D2 nu ntangiriro z'intambara y'isi. Mu 1947 yabaye ikipe yabatarabigize umwuga . Nyuma y'imyaka 40 yaguye mu cyiciro cya 8(D8). Biragoye kuzongera kubona izuba.
4. FC Sètes 34 (France)Yashinzwe mu 1900, maze yitwa Olympique . Nyuma y'intambara ya 1 y'isi ku mbaraga za Bayrou wari perzeda yatwaye ibikombe 7 byo mu majyepfomaze iza imbere ya Marseille. Mu 1927 yahinduye izina yitwa Sète. Mu 1934, iyi kipe yatwaye shampiona y'ubufaransa 2 yikurikiranya iba iya 1 mu mateka y'iyi shampiona yaje kucyisubiza mu 1939 n' 1942, yaje gushegeshwa n'intambara ya 2 y'isi. Mu1960 yataye statut y'ababigize umwuga. Binyuze mu nkiko mu 2009 iyi yarasheshwe.
5. Wimbledon FC (Angleterre)Wimbledon ntiyamekanye gusa kubwa tennis cg stade ahubwo yanagize ikipe ya ruhago ikaba yarashinzwe mu 1889 yaje kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu 1960, yabaye ikipe ya 2 yatwaye FA Cup ikinamo abakinnyi batabubigize umwuga (1963) na la FA Cup. mu myaka ya 90, Wimbledon igera muri Premier League yaje gukuramo Manchester United muri FA Cup mu 1997. Mu 2000 yavuye muri Premier League ni i Londres. Joe Kinnear wari umutoza yaje kurwara maze abakinnyi benshi babivamo. Ubu iri mu cyiciro cya 5(D5).
6. Cadiz (Espagne)
7. FC Madgeburg (Allemagne)
8. Hansa Rostock (Allemagne)
9. FC Amsterdam (Hollande)
10. SC Farense (Portugal)

Ibi nibyo byabaye mu Rwanda ku makipe nka ATRACO yatwaye igikombe cya CECAFA na shampiona gusa iza gusenyuka, ikipe yakiniraga i Gitarama yakinnyemo abatoza bakomeye ubu nka JM Ntagwabira uri muri Rayon sport ,Sosthene muri AS Muhanga na Rafiki itoza Musanze FC, Mukungwa FC,Rwanda fc,umubano blue tigers n'amasata muri volleyball,Volcanic fc, Panthere noir fc amateka yakoze akaba atangiye kwibagirana. Haba rero hakenewe imbaraga ,urukundo n'ubwitange rw'abafana bityo twongere tubone amakipe nk'aya yesurana.

jeudi, juillet 07, 2011

IMYAKA 93 AKIRI UMUTOZA WA RUHAGO

                                                            Ivor Powell niwe mutoza ushaje kurusha abandi

Yatangiye ubutoza  akiri umukinnyi mu 1951 ari mu  ikipe ya Port vale mu bwongereza, yaciye mu makipe kandi nka Bradford City, Carlisle United  na  Leeds United  aho yari yungirije   mbere yo kwerekeza mu bugereki mu  1968 muri  PAOK Salonique.
Ivor Powell  niwe mutoza ushaje kurusha abandi ku myaka 90 akiri ku kazi, uyu musaza wabanje gukora imirimo y’amabuye y’agaciro akomoka mu kirwa cy’ubongereza ,Pays de galles . Nta mateka ya ruhago afite menshi gusa uyu niwe  wari umwana w’icyubahiro (garcon d’honneur) mu bukwe bwa sir Stanley Matthews. Imyaka 55 ishize uyu musaza atoza. Yamaze imyaka 30 atoza Team Bath ikipe ya kaminuza. Yasezeye ku 26 gicurasi 2010 ku myaka 93. Yambitswe ikamba n’umwamikazi Elizabeth kuya 25 kamena 2008.

Mu 2004 yashizwe mu gitabo cy’abesheje umuhigo  muri ruhago muri Pays de galles(Hall of Fame du sport gallois) maze ashyirwa mu gitabo cy’abagaciye(guiness de record) mu 2006 nk’umutoza ushaje ari ku kazi. Otto Rehhagel (73) watozaga mu budage  na Sir Alex Ferguson(70) utoza manchester united ni bamwe mu basaza bakigaragara muri ruhago.

Gukunda ibyo ukora, kwiha intego no kuzigeraho, kudahuzagurika no kwihangana ni bimwe mu bishobora gutuma umuntu aramba mu byo agenda akora.