Mu 1986, Tottenham yashatse kwibuka Osvaldo Ardiles ikirangirire muri ruhago ya Argentina ndetse na Tottenham i White Hart Lane. Bityo Tottenham yari yasezerewe mu gikombe cy'ubayi nk'andi makipe y'ubwongereza kubw'ibyago by' i Heysel (drame du Heysel) maze bategura umukino tariki ya 1 gicurasi 1986 na Inter de Milan.
Mu gushimisha Ardiles, aba Spurs bishyuye Diego Maradona uyu ava muri Naplesngo akine uyu mukino ntiyatinze kwakirwa n'abafana benshi b'abongereza ku bw'utuntu yagendaga akora.
Nyuma y'amezi 2 maze uyu atsinda ubwongereza mu gikombe cy'isi ibi byiswe ukuboko kw'Imana maze ba bafana bose bagahindukira ku ijambo bari bavugiye i white hart lane.
mercredi, juillet 06, 2011
BURYA MARADONA YASINYE UMUNSI UMWE MURI TOTTENHAM
NYUMA YO KURYAMANA NA BENZEMA,RIBERY ZAHIA YABONYE UMUGABO
Igihuha cy'umunsi cyatangajwe n'ikinyamakuru PUBLIC cyemezaga ko uyu mukobwa ZAHIA waryamanye na bamwe mu bakinnyi b'ikipe y'umupira w'amaguru y'ubufransa nka Benzema ,Ribery ko yarongowe n'umugwizatunga w'umunyamerika.
Zahia
Mu ndege ye wenyine , mu myenda ihenze, mu bitaramo bikomeye(VIP) ngo ubu uyu mukobwa atuye
ahitwa i Central Park. Gusa aya makuru ntiyagaragaje neza uwo muherwe uwo ariwe. Zahia yakunze kugaruka mu bitangazamukuru nk'umukobwa w'umunyamitwe(escrot) no kuryamana na bamwe mu bakinnyi b'ubufransa ,les bleus.
Zahia
Mu ndege ye wenyine , mu myenda ihenze, mu bitaramo bikomeye(VIP) ngo ubu uyu mukobwa atuye
ahitwa i Central Park. Gusa aya makuru ntiyagaragaje neza uwo muherwe uwo ariwe. Zahia yakunze kugaruka mu bitangazamukuru nk'umukobwa w'umunyamitwe(escrot) no kuryamana na bamwe mu bakinnyi b'ubufransa ,les bleus.
Barça-Real muri Supercoupe tariki ya 17 kanama saa 23h00
Shampiona ya hispania 2011-2012 iratangira 21 kanama, gusa supercopa izakinwa mbere hagati ya FC Barcelone na Real Madrid, umukino uzaba kuya 17kanama saa tanu z'ijoro!
Christiano(real madrid) na Messi(barcelona)
Ni nyuma y'uko ikipe ya Real Madrid itwaye igikombe cy'umwami 2011 (copa del rei) naho Barcelona ikazamura igikome cya shampiona (la liga) 2011.
Ikirangaminsi cy'imikino 2011-2012 cya la Liga kikaba cyatangajwe kuri uyu wa 3 n' ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri hispania. Shampiona ikaba yigijwe imbere kubw'ikipe y'igihugu yitegura imikino ya Euro 2012 aho igomba gushimangira iki gikombe yatwaye ubushize kizaba kuya 8 /06 kugeza kuya 1 /07 2012.
Igikombe cy'umwami cyo cyakarangiye tariki ya 25 gicurasi 2012 kizarangira kuya 20 aha kandi ni igihe nta kipe yo muri iki gihugu yaba igeze ku mukino wa nyuma wa champions league uzaba kuya 19 gicurasi i Munich mu budage.
Christiano(real madrid) na Messi(barcelona)
Ni nyuma y'uko ikipe ya Real Madrid itwaye igikombe cy'umwami 2011 (copa del rei) naho Barcelona ikazamura igikome cya shampiona (la liga) 2011.
Ikirangaminsi cy'imikino 2011-2012 cya la Liga kikaba cyatangajwe kuri uyu wa 3 n' ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri hispania. Shampiona ikaba yigijwe imbere kubw'ikipe y'igihugu yitegura imikino ya Euro 2012 aho igomba gushimangira iki gikombe yatwaye ubushize kizaba kuya 8 /06 kugeza kuya 1 /07 2012.
Igikombe cy'umwami cyo cyakarangiye tariki ya 25 gicurasi 2012 kizarangira kuya 20 aha kandi ni igihe nta kipe yo muri iki gihugu yaba igeze ku mukino wa nyuma wa champions league uzaba kuya 19 gicurasi i Munich mu budage.
NI IKI GISHOBORA KUBA KURI MAN U FERGUSON AYIVUYEMO?
Abantu benshi bibaza ikizakurikira mu ikipe ya MAN U ubwo umusaza sir FERGUESON wayihesheje igikombe cya 19 maze agaca umuhigo wari ufitwe na LIVERPOOL azaba asezeye dore ko iz’ubusaza zimugera amajanja. Nta mukino ugira fotokopi nk’uko nta munsi usa n’undi, dore ibyabaye mu mashitani atukura ubwo umutoza wayo w’ikinyejana cya 20 sir MATT BUSBY yasezeraga ku mirimo ye.
Ferguson na Man u
BUSBY yageze i OLD TRAFFOLD mu 1945 Muri 1948 yatwaye igikombe cy’u bwongereza, Charlie Mitten umwe muri ba kizigenza bo mu 1948 yerekeza muri COLOMBIA nyamara bagenzi be bongeye kuzamura igikombe mu 1952. BUSBY yabonye ko ikipe ye ikeneye uburambe maze ahitamo kuzamura abana. Iyi politiki yamutwaye nibura imyaka 4 maze mu 1956 azamura igikombe cya shampiona n’ikipe y’ikigereranyo cy’imyaka 22 n’umuhigo muri MAN U w’ibitego byinshi muri shampiona 103. Maze uru rungano rwitwa ibitambambuga bya BUSBY(BUSBY babes). Mu 1957 yisubije shampiona, gusa yaje gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’ubwongereza na ASTONVILLA. MAN U kandi yabaye ikipe ya mbere mu bwongereza kwitabira igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo gusa yaje g muri ½ ukurwamo na Real Mdrid. Aha kandi MAN U ya BUSBY yaciye agahigo k’ibitego byinshi mu marushanwa y’I burayi mu ikipe ya MAN U 10-0 bwa ANDERLECHT.
Umwaka wakurikiye MAN U yakoze impanuka y’indege(MUNICH desaster) maze 8 bahita bahasiga ubuzima, Busby amara amezi 2 mu bitaro.Mu 1963 itwara igikombe cy’ubwongereza, 1965 n’67 itwara shampiona. Mu1968 iyi kipe yatwaye igikombe cy’i burayi cy’amakipe yabaye aya 1 iwayo maze iba ikipe ya 1 yo mu bwongereza itwaye iki gikombe itsinze BENEFICA 4-1 I WEMBLEY, iyi kipe yarimo : Bobby Charlton, Denis Law na George Best bari baratwaye ballon d’or. Nyuma yo gutwara igikombe cy’amakipe I burayi BUSBY yasezeye gutoza maze asimburwa na Wilf McGuinness. Umwaka wakurikiye yarangije ku mwanya wa 8 maze McGuinness ajya mu ikipe y’abasimbura BUSBY aza gutabara iyi kipe mu gihe cy’amezi 6. Mu ki ryo mu 1971 yasezeye burundu maze abakinnyi benshi bari bakomeye bayivamo.

Sir Matt Busby
Jock Stein aba umutoza gusa nawe yahise yerekwa umuryango, Frank O'Farrel we yayitoje amezi 18 gusa. Muri 1972 Tommy Docherty atabara iyi kipe yari igiye kujya mu cyiciro cya 2. Nyuma yo gutsinda LIVERPOOL ku mukino wa nyuma uyu yirukanwe nyuma yo kuryamana n’umugore wananuraga abakinnyi imitsi. Mu 1977 Dave Sexton we azana umukino wo kurinda izamu utarakunzwe I OT. Ron Atkinson yageze mu ikipe mu 1981 maze yirukanwa mu 1986 aha umwanya FERGUSON ukiyirimo kugeza ubu.
iyi shusho ya Busby ihagaze mu marembo ya Old Traffold
Mu myaka 24 uyu mugabo nawe wiswe SIR BUSBY yatwaye ibikombe 13 maze ikibumbano cye n’umupira mu ntoki gihagarikwa imbere ya OLD TRAFFOLD. Mu myaka 17 yamukurikiye MAN U yatojwe n’abatoza 8 maze batwara ibikombe 5 gusa maze FERGUSON wakurikiye mu myaka 25 ayimazemo afite ibikombe 35. Bityo hakibazwa niba BUSBY wari wabuze uwagera ikirenge mu cye, igihe kandi nde uzaboneka usimbura sir FERGUSON.
KUKI MU RWANDA HATABA AMASIGANWA YA MOTO?
Kuba haba amarushanwa atandukanye biterwa n’uko abazi umukino runaka baba barenze umwe bityo abahigana ubutwari bagatabarana. Mu Rwanda hari umubare munini wa moto ariko se kuki uyu mukino utaba?
Bamwe mu batwara ndetse n'abakunzi bo gutwara moto bavuga ko babujijwe amahirwe yo gikina uyu mukino bakunda. Bemeza ko ubwoko ubwaribwo bwose wabukinisha icyangomwa ari ugusiganwa, aha batanga urugero ku rwego ibibuga byo mu Rwanda biriho ko atari nk'iby'iburayi bityo ngo nabo bahabwe amahirwe.
Kuri telephone JEAN PIERRE KARABARANGA,umunyamabanga muri minispoc,iyi ikaba ari ministeri ifite sport mu nshingano zayo kandi ikaba itera inkunga imikino.Ngo kuba hari umubare utari muto wa moto n’abazitwara ntibivugako mu Rwanda habera aya marushanwa kuko asaba moto zabigenewe aha yongeyeho ko bigoye no kuzabona nka formula one, isiganwa rya za moto tugufi.
Umukino wa moto ukinwa mu bice 2 bitewe n’ ubwoko bwa moto izabigenewe(profession)n’izitari iz’ umwuga(amateur) cg imiterere y’umuhanda ziri bunyuremo.Ubu uyu mukino ukinwa n’abagabo ndetse n’abari n’abategarugori.
Isiganwa rya 1 rya moto ryabaye tariki 19 ugushyingo 1895 maze mu ki(ete) ryo mu 1900 umukino wa moto ukinwa mu mikino olympique.
Ubusanzwe mu Rwanda habera amasiganwa ku maguru (marathon),imodoka (rarry des mille collines) ndetse n’ amagare(tour du Rwanda).
Inscription à :
Articles (Atom)






