samedi, mars 31, 2012

Ese koko ikipe za gisirikare nka Marines FC zaba ziharira APR FC?



 Muri shampiona icyiciro cya mbere y’umupira w’amaguru mu Rwanda hagiye habonekamo amakipe afite aho ahurira n’igisirikare.

Ikipe ya APR yshinzwe mu 1993 iyi niyo igaragara nk’iya igisirikare muri rusange dore ko ubu munistri w’ingabo General James Kabarebe ariwe muyobozi w’icyubahiro ndetse n’abandi bayobozi bakuru b’igisirikare bakaba bayiba hafi nka prezida wayo Alex Kagame ndetse Mubarak Muganga.

          vs                

Marines FC                                                   APR FC
Kanda hano wumve ikiganiro: http://kiwi6.com/file/m83kfg64hc

Hari andi ariko y’abasirikare agenda avuka nka Mukungwa I Musanze,Intare z’I Huye kuri ubu iyi ikaba ariyo APR iri gukoresha mu cyiciro cya 2 izamuriramo abana banyuze mu ishuri ry’umupira ryabo.
Hari andi makipe agaragara ya gisirikare akenshi aba ashingiye ku mirimo ya gisirikare akora twavuga ingabo zo mu mazi mu kiyaga cya Kivu Marines fc,Military FC na Interforce aya yose kandi tuvuze hari ayagiye aca mu cyiciro cya mbere.

Ni iki APR yakigira ku mukino na Zamalek 2004 ngo itsinde E.S.du Sahel.



Ni irushanwa rya 48 riteguwe na CAF ni irya 16 ryitwa CAF champions league.APR igomba guhura na etoile sportive du sahel.Muri iki cyegeranyo tugiye gusesengura umukino w’aya makipe yombi.Twifashishije umutoza w’amavubi Micho inzobere ya ruhago y’abarabu,Rutsindura Antoine inzobere kuri ruhago yo mu Rwanda na Karekezi Olivier umukinnyi wa APR mu 2004 ubu ni captain.

                      vs      
                                    APR FC VS E. S.SAHEL
kanda hano wumve ikiganiro mu majwi: bhttp://kiwi6.com/file/m537ou0k5b

Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiona mu 2003, ikipe ya APR niyo yagombaga gusohokera u Rwanda mu mikino nyafurika.
Ku mukino wa mbere APR yatsinze Anseba sc ibitego 7-1 maze uwo kwishyura urangira ari 4-2 ku giteranyo cya 11-3.

vendredi, novembre 18, 2011

Shakira na Piqué ntibatandukanye



Nyuma y’ibihuha byinshi bivuga ko Pique na Shakira batandukanye .Kuri uyu wa kane bagaragaye bari kumwe mu muhango wo gushyira ku mugaragaro igitabo Dos vido cg deux vies cya Joan Piqué, se wa Gerald Piqué.

Uyu muririmbyi wo mu gihugu cya colombia wasaga nk’uwisanze mu muryango wa Piqué yari yaje gutera ingabo mu bitugu sebukwe.Hari hashize iminsi aba bastar batagaraga ahantu hamwe. Shakira na Piqué baboneyeho umwanya bahita banyomoza ibya bavugwagaho ko batagikundana ndetse  n’uyu musaza Joan Piqué agira icyo atangaza, ati «tumukunda (Shakira) nkuko dukunda Piqué .»

 Uyu mukobwa waririmbye indirimbo y’igikombe cy’isi cyaberaga nuri Afrika y’epfo WAKA WAKA maze  ikipe ya Hispania itwara iki gikombe ikaba yari irimo n’uyu Gerald Piqué myugariro w’ikipe ya Barcelona.

dimanche, octobre 30, 2011

kuki abanyakatari bari gushora amafranga menshi muri football


Nyuma y’abarusia ,abanyatailand, Uzbek n’abashinwa,ubu ku isoko rya ruhago kuhahurira n’abanyakatari utaha udahashye. Ni igihugu gito inshuro 15 londres umurwa w’ubwongereza n’abaturage basaga milioni n’igice, kavukire ba Qatar bakaba batarenga 200,000.N’igihugu cya 3 mu gucuruza gaz, bamaze gushora akavagari k’amafr mu makipe menshi I burayi,bazakira igikombe cy’isi 2022 n’icy’asia 2011.

umwami wa Qatar na prezida wa FIFA

Kanda hano wumve ikiganiro mu majwi: http://kiwi6.com/file/95bgujdr6t

None se kuki abanyakatari bari gushora aka kangari k’amafr muri ruhago? Gusa ikizwi cyo nuko aba ba Sheikhs atari abafana ba ruhago ahubwo ngo ni ku nyungu z’igihugu.

mercredi, septembre 07, 2011

Iyi tariki mu mateka y’imikino- 22 gicurasi mu mikino

Kuri iyi tariki mu 2010 kuri stade ya REAL MADRID, stade Santiago Bernabéu INTER MILAN yatwaye champions league nyuma yo gutsinda BAYERN MUNICH ku bitego 2-0.
Mu 2005,ku mukino wa mbere w’igice cy’iburengerazuba muri NBA , San Antonio Spurs ya Tony Parker yatsindiye Phoenix Suns ku kibuga cyayo amanota 121-114.
Kuya 22 gicurasi 1955 atwaye Ferrari 625 Maurice Trintignant yatwaye Grand prix de Monaco maze aba pilote wa 1 w’umufransa utwaye igihembo cya formula 1.
Mu 1943 L'Olympique de Marseille yatwaye igikombe cy’ubufransa nyuma yo kunyagira Girondins ASP ibitego 4-0.
Ku basportif bavutse kuri iyi tariki:
Mu 1946 rurangiranwa muri MAN U ukomoka muri IRLAND ya ruguru George Best  yabonye izuba gusa kuva kuya 25 ugushyingo 2005 yasezeye ku isi no kureba kuri ruhago yaconzeho.
Naho mu 1987 nibwo umukinnyi wa tennis  ukomoka muri SERBIA Novak Đoković yavutse.