lundi, janvier 28, 2013

Ni iki ikipe y'igihugu AMAVUBI yakigira kuri RWANDA B yatwaye CECAFA 1999


USHAKA KUMVA IKIGANIRO MU MAJWI KANDA http://kiwi6.com/file/4kz57h6286

U Rwanda nirwo rwagombaga kwakira igikombe cya CECAFA y’ibihugu 1998  ku nshuro ya 22 gusa iri rushanwa ryaje gusubikwa kubera amatora y’umuyobozi wa FIFA.
Ryimuriwe mu 1999, ni nyuma y’imyaka 4 Genocide ihagaritswe ni ku nshuro ya 3 u Rwanda rwitabiriye aya marushanwa ahuza ibihugu byo muri Afrika yo hagati n’iburisirazuba.
U Rwanda rwakiriye ruserukirwa n’amakipe 2 Rwanda A yahabwaga amahirwe yo gutwara iki gikombe na Rwanda B.
Ese ni iki iyi kipe igiye I Kampala yakigira kuri Rwanda B.


                                                Ikipe y'igihugu mu 1999



Nyamara ya Rwanda B batahabwa icyizere baje gutwara iki gikombe nyuma yo gutsinda Kenya 3-1.
Kuri uyu wa 6 I Kampala muri Uganda haratangira CECAFA y’ibihugu ku nshuro ya 36, u Rwanda ruhagarariwe n’ikipe irimo abakinnyi bari mu gikombe cy’isi cy’abatarengeje 17; umubare w’abanyamahanga bakina muri shampiona waragabanyijwe ngo abana b’abanyarwanda babone umwanya wo gukina.

Ese ni iki iyi kipe igiye I Kampala yakigira kuri Rwanda B.

Kimwe mu mpamvu zo gukomera kw’ikipe y’igihugu ni shampiona cyane iba iha umwanya abene gihugu irimo guhangana ku buryo abakinnyi baba bari ku rwego rushimishije. Nta kabuza ko aya makipe Rwanda A na B yagombaga gukomera kubera uburyo shampiona yari imeze cyane ku guhangana.Ikipe ya Rayon sport nayo yari ivanye igikombe cya CECAFA cy’amakipe muri Zanzibar mu 1998.
Nyuma y’amajonjora y’abakinnyi aya makipe yombi yitaruye amahotel y’I Kigali maze ajya I Sovu n’i Murambi mu majyepfo gukorerayo umwiherero. Kubwa coach Rudasingwa Longin wari wungirije muri Rwanda A ngo umwiherero mwiza ni ukujya ahantu hatuje cyane iyo witegura irushanwa nka CECAFA rimara igihe gito.


Rwanda B yatwaye iki gikombe itsinze Harambe stars ya Kenya.
Ng’uru rugendo rw’abanyamahiwe bayaharaniye Rwanda B ari nayo kipe mu mateka y’u Rwanda yatwaye igikombe cya CECAFA.

Rwanda B barangije ari aba kabiri mu itsinda rya 4 nyuma ya Kenya maze iyi ikomeza ku giceri.Muri ¼ yatsinze Ethiopia igitego 1-0 maze icyizere ku Banyarwanda kirazamuka kuko na A yari iri kwitwara neza.
Urugendo rwa ½ kuri Rwanda A rwarangijwe na penalty 4-1za Kenya  maze B yisasira Intambamurugamba ku bitego 2-1.
Kenya yatsinze Rwanda A yari igiye guhura na barumuna babo B nta cyizere kuko iyi Kenya yaryanaga yarimo Mark Sirengo na John Muhiruri.
Mu makubutura y’icyatsi,imipira y’icyatsi n’amaboko y’umuhondo niko Rwanda B yaserutse naho Harambe stars mu makabutura y’umukara n’ibendera imbere n’imipira y’umutuku.
Hari imbere ya prezida wa republika Pasteur Bizimungu,Vice prezida general major Paul Paul Kagame na ministre w’imikino Francois Ngarambe n’abafana buzuye Amahoro.

Mu kibuga habanjemo Ishimwe Jean Claude,Mulonda Jean Pierre,Capitain yari Rusanganwa Fredy,Nshizirumgu Hubert Bebe,Munyaneza Juma,Sibo Abdul, Habimana Sosthene,Ndindiri Mugaruka,Mupimbi Yves, Habimana Batu na Gishweka Faustin
Ku ntebe y’abasimbura hari Nsengiyumva Hassan,Ashlaf Munyaneza,Mwanza Claude, ,Bagumaho Hamisi,Ntagwabira Jmarie,Lomami Jean na Claude Habimana
Umutoza yari Nando vakalero na Kanyankore Gilbert Yaounde

Ku munota wa 11 ku ikosa ryari rikorwe Sibo Abdul yahise aryihanira maze Ndindiri Mugaruka ntiyazuyaza kuboneza uyu mupira mu ncundura kuba igitego cye cya 2 mu irushanwa.
Mbere yo kujya mu rwambariro Nshizirungu Hubert Bebe yasubije umutima w’abanyarwanda mu gitereko atsinda igitego cya 2.

Igice cya 2 kigitangira Rusanganwa Fredy yatsinze igitego umusifuzi Abbas MOUSTAPHA aracyanga ,nyuma yo gusimbuza Mark Silengo agahenge karagarutse ku barinzi b’izamu maze uba umwanya wo gushaka gihamya y’intsinzi.Ku munota wa 80 Juma Munyaneza yatsinze igitego cya 3 ku mupira wari uvuye kuri kona.

Rwanda A yambitswe imidari na Prezida Bizimungu maze bahabwa ibahasha y’amadorali 4000,Kenya yambikwa n’umuyobozi wa CECAFA maze vice prezida Kagame ashyikiriza igikombe Rusaganywa Fredy.

Urebye ubwitabire bw’abafana ku kibuga ntawahakana umusanzu wabo ujyana cyane na cya gitego binjirana ku kibuga.Ngo iyo abafana ubakoreye icyo bifuza nabo ngo baba biteguye kugutiza umurindi.
Muri CECAFA ya 2012 u Rwanda ruri mu itsinda rya gatatu na Malawi,Zanzibar na Erithrea.Mu mateka y’u Rwanda muri CECAFA kugeza 2011 bari batarahura na Malawi iyi imaze kwitabira inshuro 20 ifite igikombe 3,Zanzibar 31 n’igikombe 1,Erithrea inshuro 9 kugera mu 2009 n’u Rwanda inshuro 15 na B inshuro 2 n’igikombe 1.


Rwanda na Zanzibar bimaze guhura inshuro 10.Amavubi,Amavubi yatsinze inshuro 5 harimo intsinzi ebyiri za 3-0,Zanzibar yatsinze ibiri maze banganya 3.
Mu ikipe igiye I Kampala Mugiraneza Jean Baptiste ni umwe mu bamaze gutsinda Zanzibar igitego.Hari mu 2011 muri ¼ ku munota wa 39 igitego cya mbere muri 2 kuri kimwe cya Zanzibar.
Mu nshuro 6 Amavubi yakinnye na Red sea boyz ya Erithrea  ntiratsinda ikipe yo murw’imisozi 1000 muri CECAFA nubwo banganyije imikino 2.Haruna Niyonzima ni umwe mu bakinnyi bari I Kampala batsinze Erithrea, ni igitego cyo ku munota wa 6 mu 2007 I Dar es Salaam.

Mu 2011 Amavubi yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Uganda kuri penalty 2-3,ntibikwiye gukura usubira inyuma ushonga nk’isabune.Ubu uwaririmba iterambere ryaba kwegukana igikombe.
Muri CECAFA y’amakipe 2011,ikipe ya Atletico y’umutoza Kaze Cedric nyuma yo gutsinda Yanga yahise isiga amateka ndetse igarazaga ubushongore n’ubukaka.Ese ni iki ikipe iba isabwa cyane mu mahiganwa nkaya.

Bamwe mu bari mu mupira w’amaguru w’u Rwanda mu 1999,Celestin Musabyimana wari umuyobozi,Rudasingwa Longin wari umutoza na Gishweka Faustin umukinnyi wa Rwanda B hari icyo basaba iyi kipe iri muri CECAFA Uganda.

Ikipe y’igihugu yakunze kubonekamo ubutayu mu gutsinda ibitego. Gusa ariko ngo hagira Imana ugira umugira inama kandi utaganiriye na Se ntamenya icyo sekuru yasize avuze.
Uyu ni Maboneza Feredariko rutahizamu w’Amagaju yo mu Bufundu k’umutware Rutaremara  ku ngoma ya Rudahigwa.Arasobanura uburyo yatsindaga ibitego
Karemera Claudio rutahizamu w’amaregure ya Mutara wa 3 Rudahigwa.
Gishweka Faustin umukinnyi wa Rwanda B na Rayon sport






Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire